Igitego cya Hakim Hamissi cyahesheje Kiyovu Sports kweguka igikombe kiruta ibindi ku nshuro ya gatatu nyuma yo kugitwara mu mwaka wi 1992 ni 1987
Igitego cya Hakim Hamissi cyahesheje Kiyovu Sports kweguka igikombe kiruta ibindi ku nshuro ya gatatu nyuma yo kugitwara mu mwaka wi 1992 ni 1987
Kiyovu Sports Club yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026 itsinze Mukura VS igitego 1-0
Rukundo Benjamin ni Umukinnyi mushya wa Kiyovu Sports Club akaba avuye mu gihugu cy'u Burundi aho yakinaga muri Vital'o FC
Kirongozi akaba agarutse muri Kiyovu Sports Club nyuma yo kuyivamo.mu mwaka w'imikino 2023-2024 akerekeza muri Police FC
Kiyovu Sports Club inganyije na As Muhanga FC ku mukino w'umunsi wa 32 wa BK Pro League iguma ku mwanya wa gatanu muri rusange, ikaba iya 3 mu makipe yo mu Rwanda.
Umuryango wa Kiyovu Sports wibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aho wibutse abari Abayobozi, Abakinnyi 'Abakunzi bawo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Ni Igikorwa cyahuriranye n'isabukuri y'imyaka 62 umuryango wa Kiyovu Sports ubonye ubuzima gatozi. Bakaba barahisemo ko kuri iyi Tariki ya 11 Gicurasi buri mwaka hazajya haba Igikorwa cyo Kwibuka abari Abayobozi,Abakinnyi, Abakunzi,n'inzirakarengane bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
Kiyovu Sports Club yakuye inota rimwe ku mukino w'umunsi wa 29 wa Bk Pro League aho muri uyu mukino yahushije na Pénalité yagombaga kuyihesha amanota atatu.
Ku wa Gatanu tariki ya 1 Gicuraci 2026 nibwo hateranye Inteko Rusange Idasanzwe y'umuryango wa Kiyovu sports.
Ku murongo wibyagomba ku igwa harimo:
Kwakira no kwemeza abanyamuryango bashya, ishusho ya Kiyovu Sports mu mwaka w’imikino wa 2025-2026 no kwemeza raporo za 2024-2025.
Harimo kandi kwemeza Amategeko Shingiro mashya ya Kiyovu Sports Association. no kuzuza inzego no kwemeza Iteganyabikorwa n’Ingengo y’Imari bya 2026-2027. Inteko yatangijwe na Perezida wa Kiyovu Sports Association Mbere y'uko itangira babanje kureba niba abanyamuryango bitabiriye bahwanye n'umubare uteganwa n'amategeko. ...
Étincelles FC yabonye inota imbere ya Kiyovu Sports nyuma y'igihe kinini itabona inota.
Kiyovu Sports Club yatsinze Mukura VSL ibitego 3-1 ibona amanota yarikeneye muri BK Pro League